top of page

Tony Football Excellence yatoranyije abandi bana bo kwigisha ruhago

  • Writer: Muhammad Kamran
    Muhammad Kamran
  • Feb 10
  • 1 min read

Updated: Feb 11

ree

Tony Football Excellence Programme (TFEP) ikomeje gutera intambwe mu guteza imbere ruhago mu Rwanda aho kugeza ubu irimbanyije ibikorwa byo gushaka abana batarengeje imyaka 13, 15 na 17.


Hagiye gushira imyaka ibiri Tony Football Excellence isinyanye na Leta y’u Rwanda y’imikoranire agamije guteza imbere imikino itandukanye mu mashuri.

Kuva icyo gihe hashinzwe ishuri ryigisha ruhago rikorera mu Karere ka Musanze aho ricumbikira abana batoranyijwe mu ntara zose z’u Rwanda ngo babashe gukarishya impano zabo no kuzibyaza umusaruro.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 12 Gicurasi 2024, yarangije igikorwa cyo gushaka abana bakina umupira w’amaguru mu Mujyi wa Kigali cyabereye ku kibuga cya IPRC Kigali.

Ni igikorwa cyari cyaritabiriwe n’abana barenga 100 baturutse mu bigo by’amashuriri ndetse n’andi marerero ariko abatoranyijwe bakazahatana ku rwego rw’igihugu n’abandi baturutse mu zindi ntara.

Tony Football Excellence izahitamo abana bazakora ikipe y’abatarengeje imyaka 13, iy’abatarengeje 15, iy’abatarengeje 17 n’iyo isanganywe kugeza ubu izaba ari iy’abatarengeje 19.

Aba bose bazajya batorezwa hamwe kugira ngo bakomeze kwitabwaho n’abatoza ndetse n’abandi bakozi ba Tony Football Excellence bashinzwe kumenya ubuzima bwabo bwa buri munsi.

Umusaruro w’iri rerero watangiye kugaragara dore ko mu kwezi gushize yohereje umwana wa mbere [Yangiriyeneza Erirohe] wagiye gukora igerageza muri G.D. Estoril Praia yo muri Portugal.




 
 
 

Comments


Group 1000003256 (1).png

The Rwandan Youth Of Today The Global Stars Of Tomorrow

Contact Us

Email: info@tonyrw.com

Follow us

  • Twitter

Get the Latest Updates

Stay informed and inspired! Subscribe to our newsletter and get the latest updates to your inbox. Don’t miss out—join us today!

© 2025 Tony  |  All Rights Reserved

bottom of page